Inkuru ya Nizeyimana Omar: Uko Igororamuco ryamubereye inzira y'ubuzima bushya

Yashyizweho tariki ya 8 Werurwe 2025
Yanditswe na Fils Lambert IRATURINZE

Nizeyimana Omar yarakuze ari impfubyi, nta muryango agira. Ubuzima bwe bwari bugoye cyane, kuko atigeze agira amahirwe yo kubona uburere bw’umuryango cyangwa uburenganzira bwo kubona ibyangombwa by’ubwenegihugu nka bagenzi be. Mu 2022, yageze mu Kigo cya Iwawa cyakira urubyiruko rukeneye guhindurwa mu myitwarire. Nyuma yo kurangiza amasomo y’igororamuco, bagenzi be baratashye, ariko we nta we yari afite umwakira.


Omar ntiyigeze acika intege. Yagaragaje imyitwarire myiza, ubwitange, n’ikinyabupfura, atangira kugira uruhare mu gufasha abandi barwayi b’Ikigo cya Iwawa. Yitwaraga neza mu mirimo itandukanye, agaragaza ubwitange butangaje. Ubuyobozi bw’ikigo bwatangiye kubona ko ari umusore ushoboye, ufite umutima wo gufasha n’ubushake bwo gukorera abandi.


Kuwa 5 Werurwe 2025, Omar yabonye inkuru yamuhinduye ubuzima. Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS) bwamuhaye akazi ku mugaragaro. Yabaye umukozi wa NRS, ahembwa nk’abandi bakozi, ibintu byari inzozi kuri we. Ntibyagarukiye aho, kuko NRS yamwemereye kumufasha kubona ibyangombwa byose by’ubwenegihugu, ikamubera umuryango atigeze agira.


Uyu munsi, Nizeyimana Omar ni urugero rwiza rw’uko umuntu ashobora guhinduka, agahindurirwa ubuzima n’amahirwe abayeho kubera imyitwarire myiza. Nubwo yakuze nta muryango, ubu afite ejo hazaza heza, aho akorera igihugu cye nk’umukozi wa NRS. Inkuru ye ni iy’ukwihangana, gukomera, no kugaragaza indangagaciro nziza.


Yashyizweho tariki ya 8 Werurwe 2025
Yanditswe na Fils Lambert IRATURINZE !-- Igice cy'ibitekerezo -->

Ibitekerezo